Mu gihe Ibarura Rusange risigaje iminsi mike ngo rirangire, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda kirashimira abaturarwanda uburyo bitabira iki gikorwa cy'ingirakamaro.
Perezida Paul Kagame n’umuryango we babaruwe
Kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuri uyu wa Kane tariki 16 Kanama, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye ibarura rusange rya kane ry’abaturage, aho yibaruje ndetse abaruza abo acumbikiye mu rugo rwe.
Prezida Kagame yabimburiye abandi Banyarwanda mu ibarura rusange
Urugo rwa Prezida wa Repubulika, Paul Kagame, ruri mu rwibarujwe kuri uyu wa kane tariki ya 16/08/2012 ubwo igikorwa cy’ibarura rusange rya kane cyatangiraga mu gihugu hose, mu rwego rwo gutanga urugero ku bandi Banyarwanda bose.
Nyanza: Ibarura ryahereye mu rugo rwa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo
Igikorwa cy’ibarura rya kane ry’abaturage batuye u Rwanda ryatangiye tariki 16/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza ryahereye mu rugo rwa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari.
“Ntawe dukeka ko azabangamira ibarura mu Burasirazuba”-Guverineri Uwamariya
Kuri uyu munsi ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire ryatangiye, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arizeza abakarani b’ibarura ko bazabasha gusohoza inshingano zabo muri iyo Ntara nta nkomyi.