Kuri uyu munsi ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire ryatangiye, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arizeza abakarani b’ibarura ko bazabasha gusohoza inshingano zabo muri iyo Ntara nta nkomyi.
Iby’ingenzi bizabazwa abaturage mu ibarura rusange rizatangira tariki 16/08/2012
Mu ibarura rusange rizatangira mu gihugu hose kuri uyu wa kane tariki 16/8/2012, buri rugo ruzajya rutanga ibisubizo bijyanye n’imiterere ya buri muntu urutuyemo, harimo irangamimerere n’urubyaro afite, umurimo we, uko imibereho yifashe, ndetse n’umutungo uri mu rugo.
Imyiteguro y'ibarura rusange ku nshuro ya kane
Mu gihe hasigaye iminsi 16 gusa ngo mu Rwanda ku nshuro ya kane hakorwe ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire, abakarani b’ibarura bakomeje amahugurwa mu duce dutandukanye tw’u Rwanda, naho abaturage nabo biteguye kuzafasha abakarani b’ibarura kugirango igikorwa kizagende neza.
Ubutumwa bw'ingenzi bwerekeye Ibarura rusange rya kane ry'Abaturage n'Imiturire
I. IGIKORWA CY’IBARURA RUSANGE NI INGIRAKAMARO KU GIHUGU MURI RUSANGE NO KURI BURI MUTURAGE BY’UMWIHARIKO
Ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire ni umwe mu mishinga y’ibanze Igihugu gishingiraho kugira ngo kigene ibigomba gukorerwa abaturage byabageza ku majyambere arambye mu bijyanye n’ubukungu n’imibereho yabo ya buri munsi.
Public urged to cooperate during census
The Director General of the National Institute of Statistics, Yusuf Murangwa, has called upon busy Rwandans to commit their time to the forthcoming national population and housing census in order for it to achieve the required accuracy.
During an interview with The New Times, Murangwa said that the counting process will take only two weeks and will be conducted especially during day time, a time when many Rwandans are at work and not available in their homes.