Kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuri uyu wa Kane tariki 16 Kanama, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye ibarura rusange rya kane ry’abaturage, aho yibaruje ndetse abaruza abo acumbikiye mu rugo rwe.
Kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuri uyu wa Kane tariki 16 Kanama, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye ibarura rusange rya kane ry’abaturage, aho yibaruje ndetse abaruza abo acumbikiye mu rugo rwe.
Urugo rwa Prezida wa Repubulika, Paul Kagame, ruri mu rwibarujwe kuri uyu wa kane tariki ya 16/08/2012 ubwo igikorwa cy’ibarura rusange rya kane cyatangiraga mu gihugu hose, mu rwego rwo gutanga urugero ku bandi Banyarwanda bose.
Igikorwa cy’ibarura rya kane ry’abaturage batuye u Rwanda ryatangiye tariki 16/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza ryahereye mu rugo rwa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari.
Kuri uyu munsi ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire ryatangiye, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arizeza abakarani b’ibarura ko bazabasha gusohoza inshingano zabo muri iyo Ntara nta nkomyi.
Mu ibarura rusange rizatangira mu gihugu hose kuri uyu wa kane tariki 16/8/2012, buri rugo ruzajya rutanga ibisubizo bijyanye n’imiterere ya buri muntu urutuyemo, harimo irangamimerere n’urubyaro afite, umurimo we, uko imibereho yifashe, ndetse n’umutungo uri mu rugo.